Ubukangurambaga bwa “He for She” bwatangijwe ku mugaragaro mu Rwanda
Ubukangurambaga bw’umuryango w’ababibumbye bugamije gukanguriria abagabo n’abasore gushyigikira uburinganire bw’umugore n’umugabo, bwiswe He for She, bwatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Nzeli, 2015.
Mu gutangiza ubu bukangurambaga bwa He for She abavuze ijambo bose bagiye bagaragaza ko babushyigikiye ndetse bagaragaza uruhare rw’abagore mu iterambere ry’igihugu.
Prezida wa Sena Makuza Bernard yagize ati : “Kwirengagiza nkana uruhare rw’abagore byaba ari ukudindiza iterambere”
Hon. Makuza kandi yagarutse ku byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakorewe ku ngo zo mu Rwanda buherutse gushyirwa ahagaragara( EICV4) aho bwagaragaje ko iterambere u Rwanda rwagezeho, uburinganire bw’umugore n’umugabo bwarigizemo uruhare rugaragara. Yongeyeho kandi kuba abagore bagize 52% by’abaturage b’u Rwanda bivuze ko bagomba gushyigikirwa bagatera imbere kuko uramutse utabashyigikiye waba uri gusubiza inyuma igihugu.
Naho ministiiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Madame Oda Gasinzigwa yashimiye prezida wa Republika kuba yarafashe iya mbere mu gushyigikira ubukangurambaga bwa He for She, dore ko ari mu bagabo bamaze gusinya kuri ubu bukangurambaga mu gihe u Rwanda rusabwa kugira byibura abagabo n’abasore bagera ku 100,000 basinya kuri ubwo bukangurambaga banyuze kuri www.heforshe.org bagakurikiza amabwiriza.
Ministri Oda yunze mu rya Hon. Makuza ati : “ Twahisemo guha abagore agaciro mu rwego rwo gushyigikira iterambere ry’igihugu cyacu”
HeForShe ni ubukangurambaga bugezweho ku isi hose bwa UN Women busaba cyane cyane abagabo n’abasore kubusinyaho berekana ko bashyigikiye uburinganire bw’umugabo n’umugore no kuvanaho inzitizi abagore n’abakobwa bahura nazo. Mu Rwanda nibwo bugitangizwa kumugaragaro ariko hari abagabo bari bamaze kubusinyaho harimo n’umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Paul Kagame.
Ubukangurambaga bwa Heforshe bwatangijwe ku isi yose mu mpera z’umwaka ushize wa 2014 by’umwihariko u Rwanda rukaba rwabutangije kumugaragaro uyu munsi aho bagamije gukangurira abagabo gushyigikira uburinganire bw’umugore n’umugabo nk’uko intego nyamukuru y’ubu bukangurambaga ku isi hose ariko ivuga.
Gracieuse Uwadata
Ibitekerezo byanyu
19 avril 2016, 08:46, yanditswe na nshimiyimana mussa
baturarwanda dukwiye kugira uburinganire mumikorere yacu nomumiberehoyacu nkuko H.E kagame yabivuze tugata urujyerwiza kubayobozi burwa urakoze imana ibafashe kuzirikana uburinganire
28 avril 2016, 06:05, yanditswe na HABIYAMBERE ALEXIS
I’m heForShe
28 avril 2016, 13:25, yanditswe na Ngendahayo Bertin
Uburinganire bw’umugabo n’umugore n’urugero rw’imyumvire y’iterambere ry’igihugu kuko iyo mu mirimo Uburinganire bugaragaramo bizamura imikorere myiza ndetse bituma hataho uwahezwa mu mirimo kuko twese turashoboye ku rugero rumwe
28 avril 2016, 15:33, yanditswe na Jacques
Président turamushyigikiye twese
28 avril 2016, 15:44, yanditswe na Uwilingiyimana j. Damascene
Our people we must respect gender programm
29 avril 2016, 01:20, yanditswe na uwacu aimee anysie
Urubyiruko rw,urwanda dushyizehamwe tukibumbura mumatsinda twese hamwe abasore nabakobwa twabadushyigikiye igikorwa cya he for she bityo iterambere ryacyu rigakomeza gutera Imbere nkuko abayobozi bacu babitwereka nibo dukuraho urugero abagorena bagabo ntibasiganwa mukubaka igihugu cyacu natwe twabarebeyeho ubu am a group tubamo agizwe nabakobwa nabahungu dushyigikiye uburenganzira bwabagabo nabagare murakoze cyane
29 avril 2016, 12:56, yanditswe na KAYIRANGA Gerard
Iyi gahunda nshya nishyigikirwe.
30 avril 2016, 10:02, yanditswe na Rutsobe kasagga joseph
Uburinganire birakwiye
30 avril 2016, 10:03, yanditswe na Rutsobe kasagga joseph
Uburinganire birakwiye
30 avril 2016, 11:43, yanditswe na Habineza Emmanuel
We are happy of heforshe program,let us have uburinganire in Rwanda.
30 avril 2016, 14:40, yanditswe na Adelte Basinga
turayishyigikiye rwose
2 mai 2016, 04:25, yanditswe na Hakizimana adolphe
abari naba tegarugori ni ngenzi muterambere ryigihugu cyacu .
2 mai 2016, 04:51, yanditswe na Hakizimana adolphe
am he4 for she
2 mai 2016, 04:55, yanditswe na sebuhuzu bertrand
am he 4 for she biger up to all he 4 for she.
6 mai 2016, 02:30, yanditswe na Ntagisanimana Martin
I am heforshe campaign
8 mai 2016, 09:57, yanditswe na Tubishimiyimana Nathan
I’m he for she big up to all who are like it
11 mai 2016, 00:21, yanditswe na Gakire Elias
Uburinganire nimwe munkingi y’iterambere ryabanyarwanda. Turabushyigikiye
11 mai 2016, 00:23, yanditswe na Gakire Elias
I’m he for she. Uburinganire ningenzi mwiterambere.
11 mai 2016, 01:46, yanditswe na Niyitegeka Eaime
Ndashaka Kwiyandikisha Kuri He For She Movement Muraba Mukoze.
13 mai 2016, 08:08, yanditswe na Ndagiriyimana dominique
Ni ngombwa rwose nkumunyarwanda ukunda igihugu ndabyemera
17 mai 2016, 13:19, yanditswe na HARERIMANA Samuel
Ni byiza ko heforshe ibaho mu Rwanda,ariko minisiteri y’umuco ibyiteho by’umwihariko dore ko abantu bo mu bitsina byombi basigaye birengagiza inshigano zabo hitwajwe uburinganire cyane cyane ab’igitsina gore.
19 mai 2016, 02:48, yanditswe na Karekezi Jean
19 mai 09:38 yanditswe na Pastori Karekezi Jean.
Ababore n’abakobwa n’abo gushyigirwa kuko:nibo batubyara,baturera,badutoza imico myiza ;baduha icyerekezo cy’ubuzima...babifashijwemo n’abagabo babo na basaza babo.
19 mai 2016, 02:48, yanditswe na Karekezi Jean
19 mai 09:38 yanditswe na Pastori Karekezi Jean.
Ababore n’abakobwa n’abo gushyigirwa kuko:nibo batubyara,baturera,badutoza imico myiza ;baduha icyerekezo cy’ubuzima...babifashijwemo n’abagabo babo na basaza babo.
22 mai 2016, 07:54, yanditswe na Usengimana Richard
I’m he for she. Urubyiruko rw’u Rwanda nitwe igihugu giteze amaboko niyo mpamvu nge nawe tugomba gushyira hamwe gender irandeba nawe jrakureba kobwa nahungu twshyire hamwe dushyigikire igihugu cyacu twitabira he for she
30 mai 2016, 10:53, yanditswe na DUSHIMIRIMANA FELIX
NANJYE NDABISHYIGIKIYE
10 juin 2016, 04:13, yanditswe na HAKUZUMANA Geremie
Mumfashe kwiyandikisha muri he for she
13 juin 2016, 05:35, yanditswe na Nzayisenga vincent
I,m he for she
16 juin 2016, 09:09, yanditswe na NIYOMUGABO DAVID
NAGIRANGO MUMFASHE KWANDIKWWA
MURI GAHUNDA YA HE4 FORSHE.
25 juin 2016, 11:11, yanditswe na HARERIMANA FLORIEN
ubundi nta muntu uruta undi niyompamvu heforshe it is better for all peaple who give the values for human kind thx to my best goverment
26 juin 2016, 08:07, yanditswe na Ndikubwimana Etienne
he for she ndayumva kandi ndayigikiye.