Ibyo wamenya ku mavuta "akesha" uruhu
Mu Rwanda, abagore nibo bakunze kwisiga amavuta atukuza cyangwa akesha uruhu nkuko bikunze kuvugwa.
Hari impamvu nyinshi rero zituma abagore bitukuza gusa ni byiza no kureba ingaruka zabyo bityo umuntu agafata icyemezo abizi neza.
Dr Rugeli Umulisa Celestine umuganga ku bitaro bya Kaminuza i Butare muri servisi y’indwara z’ uruhu yadutangarije ingaruko zo kwisiga ayo mavuta :
Amavuta ahindura uruhu aba arimo produit yitwa hydroquinone, iyo umuntu ayisiga aba agabanya ubudahangarwa bw’uruhu ntirushobore kwirwanirira, kandi ngo uruhu rugenda rushiraho ku buryo rusigara ari ruto cyane, yagira nk’ikibazo gituma yabagwa bikagora abaganga.
Produit ya hydroquinone ku ruhu ni mbi cyane ishobora gutera kanseri y’uruhu uyikoresha, ndetse ujya ubona abagore bamwe bafite ibiheri mu maso na byo ari ibyo batewe n’ayo mavuta.
Hari abazana ibintu by’umukara munsi y’amaso ugasanga byarahomye. Ibyo bibara by’umukara byo ntabwo bijya bivaho. Avuga ko akenshi umurwayi uje abirwaye bakamubwira ko indwara arwaye batayivura ababara.
Akomeza avuga ko icyiza ari uko abantu bareka kwisiga, bakiyakira uko bari kuko nta mpamvu yo gushaka kuba inzobe itari yo cyangwa ngo uyongere kuko uba wiyangiriza uruhu gusa.
Mu rwego rw’isuku , muganga Rugeli Umulisa Celestine agira inama abantu bose cyane cyane ab’igitsina gore kuko ngo ari bo bakunze gukoresha aya mavuta n’imiti ihindura ibara ry’uruhu n’ingaruka zikabagarukira , ko n’iyo haba hari uwakoresha iyo miti agamije kwivura adakwiriye gupfa kugura akurikije ibyo abandi bamubwira.
Avuga ko hari uburyo umuntu yakora isuku ku mubiri we atiriwe yiyicira uruhu. Ati :"Kuvura ibiheri byo mu maso ni akazi ka muganga w’uruhu, kuko ibiheri ntabwo bisa n’ubwo byose abantu batamenya kubitandukanya. Agira inama abagore bafite ibyo biheri ko mugihe bigararaye ari byiza kureba muganga akaba ari we uguha umuti ukuvura kuko we ashobora no kumenya niba uwo muti hari ingaruka mbi waguteye akaba yaguhindurira.
Dr Rugeli avuga ko bibaye byiza ku bantu bajya bisiga amavuta y’amazi ariko nayo adafunguye kuko na glycerine yongera mu mavuta ibyo bita produit eclaircissant (ibituma uruhu ruba inzobe) kandi n’amazi si meza mu amavuta yo kwisiga. Amavuta afashe nka vaseline, n’amavuta y’inka na yo ngo ni meza ku ruhu kuko nta ngaruka mbi agira.
Kuri ubu amavuta arimo hydroquinone yabujijwe gukoreshwa ku rwego mpuzamahanga ndetse no mu Rwanda ntiyemewe kuhacururizwa.
ufite ikibazo hamagara Tel +250 783605232
Jeanne d’Arc Mukamana
Ibitekerezo byanyu
11 août 2014, 07:37, yanditswe na claudette
ndagirango nfate akanya nkaka mbashimira ko mwunvishe gutaka kwajye.nkaba mbasha gusoma byose ntakinshika.ngaho mukomeze mutigire inama mutwungura nibitekerezo kuri ururubuga .Uwiteka abongerere.
11 août 2014, 08:33, yanditswe na Anne
NKunda uru rubuga kuburyo butangaje nonese mwatugira nama ki kuma vuta meza akesha umuntu ashobora kwisiga udakoresheje ayo yangiza uruhu nonese ayo y inka twayagurira he ese wayisiga no mumaso ? nonese ubwo ntahumura nabi ?
Murakoze .
11 août 2014, 09:00, yanditswe na sisi
Mutubwire amavuta meza umuntu ashobora kwisiga atari vaseline cyangwa ayinka kuko ayinka sinzi niba twashobora kuyabona cyane abatari mu Rwanda niba hari aho mwayaturangira naaho nibyiza
ndabakunda cyane imana ibahe imigisha.
16 septembre 2014, 03:38, yanditswe na micheline
mwaramutse neza bakunzi bacu nifuzagako mwangirinama kuruhu rwomumaso ese nakurahehe nimero za Dr.rugeri celestine ngwandebere ikibazo mfite murakoze mugire umunsi mwiza
22 octobre 2014, 12:53, yanditswe na bacibani aimable
murakoze kutwigisha
22 octobre 2014, 12:54, yanditswe na bacibani aimable
murakoze kutwigisha
18 novembre 2014, 06:56, yanditswe na uwase keza jojo
mundangire amavuta atuma uruhu rureka gukanyarara nurugire uduheri duto mumaso ducucutse cyane murakoze kandi ndabashimira cyane nuratwigisha
25 décembre 2014, 13:51, yanditswe na olive umurerwa
mwandangira isabune wakaraba itagira ingaruka nakoreshaga tembo.
25 décembre 2014, 13:51, yanditswe na olive umurerwa
mwandangira isabune wakaraba itagira ingaruka nakoreshaga tembo.
29 décembre 2014, 02:15, yanditswe na Astrida
wahamagara kuri izi numero ziri ku nkuru bakakurangira amavuta wakoresha, babanje gusuzuma ubwoko bw’uruhu rwawe.
19 juin 2016, 03:32, yanditswe na irankunda amina
ikibazo cyuruhu kirakomeye kubagore pe !
mutubwire amavuta umuntu yakwisiga ntagire
uduheri cg amabara arik kd adahindura uruhu.
21 juin 2016, 03:00, yanditswe na Uwadata
Ntabwo twakubwira ngo uzisige amavuta runaka Kuko bisaba ko ubonana n’umuganga w’uruhu akaba ariwe waguhitirmo amavuta ajyanye n’uruhu rwawe. Murakoze
20 juin 2016, 15:54, yanditswe na manirumva cecile
mwatubwiye amavuta umuntuyasigamumaso atamugirahingaruka murakoze