-
Uburyo bworoshye buvura umwana w’uruhinja constipation
Indwara y’impatwe ni indwara mbi ishobora no gufata abana bato n’impinja zikivuka. Nubwo iyi ndwara ari mbi ariko hari uburyo bworoshye kandi bwiza wakifashisha mu kuvura umwana wawe igihe yafashwe n’iyi ndwara. Gusa na none mbere yo kwihutira gukoresha imiti n’ubundi buryo bukoreshwa mu kuvura iyi ndwara n’imiti ihatira umwana kwituma ku ngufu , ababyeyi bagirwa inama yo kubanza kumenya ko abana babo barwaye constipation koko bakabona kuyikoresha. Dore ibimenyetso bya constipation ku mwana : (...)
-
Umwana ugaragaza ubugome mu bandi bana nuko wamufasha
Abana bari hagati y’imyaka ibiri n’imyaka itatu bashobora kugaragaza ubugome n’ubushotoranyi hagati y’abandi bana bigatangira gutera umubyeyi ubwoba kuko aba abona ko umwana afite imyitwarire mibi. Mu gihe umwana wawe muto wo muri icyo kigero yatangiye kugaragaza ubugome no gushotora abandi bana dore uko wamuhindura : Banza umunye ikintu gitera umwana umushiha akaba yakubita abandi bana : Hari ubwo umwana ashobora kwigaragambya kuko hari impamvu ziri kubimutera nko kuba ashonje, kuba ari kumwe (...)
-
“Nta ngaruka ibinini byo kuboneza urubyaro bigira ku mwana uvuka nyuma.” Ubushakashatsi
Ubushakashatsi bwagaragaje ko nta ngaruka zigera ku mwana ukuva nyuma yo gukoresha ibinini byo kuboneza urubyaro kabone n’ubwo umubyeyi yabifata ataziko atwite akabemenya nyuma. Ubwo bushakashatsi bwasanze nta ngaruka zihariye zigera ku bana babyawe n’ababyeyi bakoresheje ibinini byo kuboneza urubyaro zitandukanye n’abatigeze babikoresha. Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bana bavutse 900,000 muri Denmark basanga ko n’abagore bakoresheje ibinini byo kuboneza urubyaro baramaze gusama nta nagaruka (...)
-
ibyo kwitwararika igihe umwana agiye kujya ku ishuri bwa mbere
Muri iyi minsi ababyeyi bari kwitegura kujyana abana babo ku mashuri, muri bo usanga harimo n’abana bagiye kujya ku ishuri bwa mbere. Ku bana bagiye kujya ku ishuri bwa mbere mu gihe cy’ibiruhuko biba ari umwanya wo kubategura neza bikazabarinda kuzahura n’imbogamizi ku ishuri. Dore bimwe ugomba kwitwararika iyo ufite umwana ugomba gutangira ishuri bwa mbere : Kwigisha umwana kumenya kwirwanaho : Nubwo umwana azaba afite abazajya bamwitaho ari ku ishuri ntabwo biba bimeze nkuko umwana uri mu (...)
-
6.5% by’abakozi bo mu ngo bari munsi y’imyaka yemerewe gukora akazi
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango “CLADHO” uharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda buragaragazako 6.5% by’abakozi bo mu ngo barimunsi y’imyaka 16 amategeko y’u Rwanda ateganya ko ugomba kuba ufite kugirango ube wahabwa akazi. Ubushakashatsi bwakorewe mu turere 15 tw’u Rwanda, muri uyu mwaka bugaragaza kandi ko uretse abo 6.5 bari munsi y’imyaka 16, abandi basigaye ngo biganje mu kigero cy’imyaka iriha gati ya 16-20. Mu gukora ububushakashatsi CLADHO yabajije abakozi bo mu ngo b’ibitsina (...)
-
Uko watoza umwana kumenya gucunga neza amafaranga akiri muto
Kumenya gucunga neza amafaranga usanga ari ikintu kidapfa korohera abantu bose no mu antu bakuru, nyamara iyo umwana atojwe uyu muco hakiri kare agasobanurirwa uburyo amafaranga aboneka n’uburyo bwiza akoreshwamo, uwo muco arawukurana n’igihe yabaye mukuru ugasanga azi gucunga umutungo we ku buryo bwiza. Dore bimwe wakora bigafasha umwana kumenya gucunga neza amafaranga : Sobanurira umwana ko amafaranga akenewe kugirango ubuzima bukomeze : Abana batangira kumva agaciro k’amafaranga bageze (...)
-
Uko warinda umwana guhungabanywa no gutandukana n’uwo mwashakanye
Iyo ababyeyi bahisemo umwanzuro wo gutandukana bigira ingaruka cyane ku mwana kuko umwana we ibyo ababyeyi bapfa aba nta ruhare yabigizemo. Mu gihe byaye ngombwa ko utandukana n’uwo mwashakanye ukaba ari wowe uri kurera umwana ushobora gukomeza kumufasha nubwo bitoroshye ukamurinda guhungabana. Musobanurire mu magambo make kandi asobanutse impamvu yo gutandukana : Si byiza ko ujya mu mizi y’ibyatumye mutandukana nuwo mwashakanye ngo ujye kubibwira umwana utarageza igihe cy’ubukure. Mubwire (...)
-
Ibintu bitera ibibazo mu burere bw’umwana iyo ababyeyi batabyumva kimwe
Ababyeyi bafite imyumvire itandukanye ku kintu runaka kijyanye n’uburere bw’umwana, bakunze kuteza ibibazo umwana akubura icyo afata nicyo areka kuko buri mubyeyi wese amubwira ibye, ndetse ugasanga ibyo bibazo binagera hagati y’abashakanye kuko buri wese aba yumva ko ibye ari byo byiza. Dore ibintu ababyeyi bakunze kutumvikanaho mu burere bw’abana nuko babyitwaramo bikagenda neza. Kugira imyemerere ishingiye ku idini itandukanye ; Iyo ababyeyi bafite imyemerere itandukanye usanga bigora (...)
-
Byagaragaye ko abana batarerwa n’ababyeyi bombi bagira ihungabana
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abana bakurira mu miryango ifite ibibazo bahura n’ibibazo by’ihungabana n’indwara zo mu mutwe bikubye inshuro zigera kuri eshatu. Ubu bushakashatsi bwakozwe na University College London bwagaragaje ko abana babana n’ababyeyi bombi 6,6% aribo bibasirwa n’indwara zo mu mutwe. Mu gihe abagera kuri 15% babana n’umubyeyi umwe na 18.1% babana na ba mukase aribo bibasirwa n’indwara zo mu mutwe zirimo n’ihungabana. Nubwo impamvu itera ibi iteramenyekana neza, aba (...)
-
Icyo wakora igihe umwana aririra impano z’abandi
Kuri uyu munsi wa Noheri hari ubwo abana bahabwa impano ariko ugasanga harimo uwanze impano yahawe akarira iy’abandi bigatuma umunsi wari uw’iby’ishimo kuri we usoza wabaye uw’amarira no kurakara. Mu gihe uziko umwana wawe akunda kuririra impano z’abandi bana dore ibyagufasha gutuma umwana yemera impano ye : Bahe impano zimeze kimwe : Guha abana bose impano zimeze kimwe ni bimwe mu byagufasha kurinda wa mwana kuza kurakara ngo ashake gufata impano itari iye kuko zose biza zimeze kimwe (...)
-
Icyo wakora ngo umwana w’ingimbi cyangwa umwangavu akubahe
Abana bageze mu kigero cy’ubugimbi n’ubwangavu usanga basuzugura ababyeyi babo kuko mu mutwe wabo haba harimo intekerezo nyinshi zibashuka. Ahanini umwana uri muri icyo kigero aba ari kwiyubaka avumbura uwo azaba we, ugasanga aribyo bimutera kutumvikana n’ababyeyi be agakora ibitandukanye n’ibyo bifuza. Ese ko ababyeyi benshi bakunze guterera iyo bakibwira ko umwana nava muri iyo myaka azongera akitwara neza, nibyo koko ntacyo umubyeyi yakora ngo umwana uri muri icyo kigero amwubahe ? (...)
-
Impamvu ari byiza gusaba umwana imbabazi
Hari ubwo ababyeyi bajya bakora amakosa bagakosereza abana ariko ugasanga ikintu cyo kubasaba imbabazi kitabarimo bakumva ko abana aribo bonyine bagomba gusaba ababyeyi imbababazi igihe bakosheje ariko ko umubyeyi we atasaba imbabazi umwana we. Nyamara burya gusaba umwana imbabazi igihe wamukoshreje ni byiza kuko bigufititye umumaro nawe bikamugirira umumaro Bitanga urugero rwiza ku mwana : Iyo usabye umwana imbabazi igihe umukoreye ikosa niyo ryaba ari rito bimuha urugero rwiza akamenya (...)
-
Impamvu 5 ugomba kubwira umwana ukuri ku bijyanye na “Père Noël”
Muri iyi minsi hitegurwa kwizihiza umunsi w’ivuka rya Yezu cyangwa se Yesu abana batari bake bari mu byishimo bidasanzwe kuko bategereje impano ababyeyi babo babamenyereje bakababeshya ko izo mpano bazihabwa na Pere Noel. Nubwo ushobora kuba ukora ibyo uziko uri gushimisha umwana hari impamvu tugiye kukubwira ugomba kureka umwana akamenya ukuri kuri Pere Noel : Bishobora kuba urwitwazo ku mwana akajya akubeshya : Umwana umwe wari ufite umubyeyi we wakundaga gufata impano zitandukanye (...)
-
Amakosa wakorera umukozi wo mu rugo akihimura ku mwana
Abakozi bo mu rugo bakunze kuvugwaho kugira ubugome bukabije bakabukorera abana barera, nyamara iyo uganiriye na bamwe usanga bavuga ko rimwe na rimwe umutima mubi bawuterwa n’uburyo abakoresha babo baba babafata bikabatera umutima mubi, Babura uwo babitura bakabyitura abana barera. Bamwe mu bakozi twaganiriye hari bamwe bagerageje kwihimura ku bana nubwo bidakabije kuko batinyuka kubivuga abandi bakavuga amakosa batekereza ko aramutse akozwe n’abakoresha babo yabatera kubihimuraho mu gihe (...)
-
Uko wafasha umwana igihe yapfushije umuntu akunda
Biragora ko umwana ukiri muto ashobora kwihanganira urupfu rw’umuntu we wa hafi nk’umubyeyi we, uwo bavukana, inshuti ye cyangwa se undi muntu akunda. Nyamara nubwo uwo mwana biba bitamworoheye hari uburyo wamufashamo akabasha kubyumva no kubyakira. Dore uburyo bwiza wakoresha : Jya usaba umwana kuvuga ibyo yibuka ku muntu wapfuye : kuba umwana yavuga ibyo yibuka ku muntu wapfuye, ibyo yamukundiraga cyane, kumubaza ibikorwa baheruka gukorana n’ibindi bifasha umwana bigatuma abohoka n’ubwo (...)
-
Uko wakundisha umwana kujya muri korali
Kuba umwana yajya muri korali bimugirira umumaro ndetse nawe nk’umubyeyi bikawukugirira, gusa hari ubwo ubwira umwana kujya muri korali ukabona ntabikunze. Mu gihe umwana wawe ubona adakunda kujya muri korali dore zimwe mu nama duhabwa n’ababyeyi bafite abana bari muri korali , izo nama batanga akaba arizo nabo zabafashije gukundishaka abana babo kujya muri korali. Kumenya gahunda za korali y’abana ukajya uzimwibutsa : kuba uzi gahunda za korali ushaka ko umwana wawe ajyamo bizagufasha (...)
-
Icyo wakora igihe umwana wawe ari umunebwe
Hari abana usanga bakora ibintu byose gahoro gahoro haba mu kurya bagasoza nyuma y’abandi,, wabaza mwarimu we ugasanga no mu ishuri ni uko, wamubwira kwitegura akarangiza koga no kwambara nyuma y’abandi, n’ibindi. Nubwo uwo mwana aba adafite ikibazo gikomeye hari uburyo wamufasha agacika ku ngeso yo gukora gahoro kuko yazamugiraho ingaruka mu bihe biri imbere. Dore ibintu wakora bigafasha umwana kureka gukora buhoro : • Jya utuza ureke kumutoteza kuko urebye neza uzasanga uko umutoteza ariko (...)
-
Uko watoza umwana kutamugurira icyo ashaka cyose
Muri iyi minsi abana bari mu biruhuko kandi tukaba twegereye ibihe by’iminsi mikuru usanga abana barakoze urutonde rw’ibyo bifuza ko ababyeyi babo bazabagurira ahanini ugasanga nibyo basaba bitabafitiye umumaro cyangwa se bikaba bibafitiye umumaro ariko umubyeyi nta bushobozi afite bwo kubimugurira. Hari ubwo abana bahatiriza bakarira abandi bakivumbura bakanga kurya n’ibindi kugirango babagurire ibyo bifuza, ugasanga umubyeyi yabuze uko abyitwaramo agapfa kubimugurira. Mu gihe rero uhora mu (...)
-
RUBAVU ; Gahunda ya Tumurere Mu Muryango yabaye igisubizo ku bana bahoze mu bigo by’impfubyi
Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ishyizeho gahunda yo gukuraho ibigo by’impfubyi,abana bose bakarererwa mu miryango,bamwe mu bana barererwaga muri ibyo bigo,kuri ubu bakaba bari mu miryango itandukanye,bavuga ko byabagiriye akamaro kanini mu bijyanye n’imibereho yabo nkuko abavuye mu kigo cy’impfubyi cya Nyundo’’Orphelinat Noel de Nyundo’’ babidutangarije,mu kiganiro kirambuye twagiranye. Uwizeyimana Beatrice warererwaga mu kicgo cy’impfubyi cya Nyundo Uwizeyimana Beatrice ni umwe mu bahoze (...)
-
Uko wategurira umwana isabukuru nziza akishima kandi udasesaguye
Kwizihiza isabukuru y’amavuko ni ngombwa cyaen cyane ku mwana kuk uba ari umunsi udasanzwe kuri we. Gusa ababyeyi bamwe usanga badategura uwo munsi kuko baba bavuga ko nta bushobozi buhambaye bafite. Nyamara burya hari ibintu nyajya bigufasha gutegura isabukuru nziza y’umwana akishima kandi udatakaje mutungo mwinshi. Jya ubanza umenye ibyifuzo by’umwana mbere y’ibyawe : umunsi w’isabukuru y’umwana niwe uba ugomba guhabwa ijambo kurusha wowe,, iyo ubanje ukumva ibyifuzo bye ukamenya abana ashaka (...)