Imvange y’imboga

Hari uburyo ushobora guteka imboga zirenze ubwoko bubiri zikavamo imvange y’imboga nziza kandi ufite uburyohe.

Dore zimwe mu mboga wakoramo imvange nuko wabigenza

  • Karoit 2 nziza
  • Courgettes 2
  • Navet nini 1( zijya kumera nka karoti z’umweru hari n’iziba ziteye nka beterave ariko zo zikajya gusa nka radis. Ku masoko yo muri Kigali nka nyabugogo, Kimironko n’ahandi zirahaboneka)
  • Igitunguru 1
  • Tungurusumu udusate 4
  • Inyanya 6
  • Umunyu
  • Amavuta ya elayo
  • Akayiko 1 ka teyi iseye
  • Pois chiche garama 250 ( ziba zimeze nk’amashaza y’umweru ziboneka muri za super markets, utazibonye wakoresha amashaza)

Uko bikorwa

  1. Banza utogose pois chiche cyangwa se amashaza ubishyire ku ruhande
  2. Tegura imboga zose utikatemo ibisate bito ariko atari duto cyane
  3. Shyira amavuta ya elayo ku isafuriya utereke ku ziko
  4. Shyiramo ibitunguru na tungrusumu
  5. Bitangiye guhindukaho gato ushyiremo navet na karoti
  6. Vanga ubireke nabyo bitangire kororha mo gato
  7. Ongeramo na courgette uvange bimare iminota 5
  8. Shyiramo inyanya ukomze uvange
  9. Sukamo ya mashaza washyize ku ruhande wongeremo umunyu na teyi
  10. Ongeramo amazi make ubireke iminota 10 ubone kubikuraho
  11. Bigaburane n’umuceri w’umweru watogosheje utarimo amavuta

Gracieuse Uwadata